Thursday, December 19, 2019

ESE GUKIRANUKA BYASHOBOKA?

URUGENDO RWO GUSHAKA UBWAMI BW’IMANA NO GUKIRANUKA KWAYO IGICE CYA 1

ESE GUKIRANUKA BIRASHOBOKA IGICE CYA 1



MATAYO 6:33
Ahubwo mubanze mushake ubwami bw’Imana no gukiranuka kwayo, ni bwo ibyo byose muzabyongerwa.

Nkuko twabibonye mu nyigisho ibanziriza iyi tugiye kureba, twasanze Imana itadushakaho kubaho nk’abapagani kuko nibo babyukira gushaka imibereho ijyanye n’ibyo kurya, kunywa ndetse no kwambara ibyo nibyo bitera benshi kwiga, gushaka akazi, n’ibindi ndetse benshi niyo mpamvu bitabira gahunda zo gusenga. Benshi uzasanga barabwirijwe ubutumwa bubereka ko muri Yesu ariho hari igisubizo kibyo bifuza bityo bakurikira Yesu bashaka ko yabakura mu bukene ngo bashobore kubaho neza niko benshi muri twe bafite amasezerano menshi yo guhindurirwa amateka muri ubwo buryo bwo kubona ibyo kurya, kunywa, kwambara, kwiga, inzu, abagabo/abagore kandi koko ibyo nibyo bitera abantu bose gukora ibyo bakora buri munsi. Nyamara Yesu ntabwo yifuza ko dushyira ibyo imbere ahubwo ashaka ko dushaka ubwami bw’Imana no gukiranuka kwayo kubirutisha ibindi.


Ni muri urwo rwego nifuje ko dutangira urugendo rwo gushaka uko ubwami no gukiranuka by’Imana biboneka iki ni igice cya mbere.

GUKIRANUKA NIKI?
Gukiranuka ni ukuba ukwiriye, wemerwa, utunganye, wera cg uri umwere imbere y’ufite ubushobozi bwo kugucira urubanza ariyo Mana icira urubanza ibifite ubugingo byose.

Ese byashoboka ko haboneka umukiranutsi mu isi?

Iyo ubajije abantu benshi bizera Imana bakubwira ko nta mukiranutsi ubaho ndetse ko bidashoboka ko abaho. Bamwe bakoresha n’imvugo igira iti: “n’intungane bwira icumuye karindwi.” Gusa bose barengaho bakavuga ko utari umukiranutsi atazajya mu ijuru ubwo wakwibaza ngo ese ijuru rizajyamo nde ko bidashoboka ko habaho umukiranutsi.

Abaheburayo 12:14 Mugire umwete wo kubana n’abantu bose amahoro n’uwo kwezwa, kuko utejejwe atazareba Umwami Imana.

Ibi nibimwe mu bibazo ukwiriye kwibaza niba uri umukristo kuko ntabwo ushobora kwiringira kubona ubugingo buhoraho utaraba umukiranutsi.
Hari ikibazo gikomeye abantu nabonye tudakunda kumva kimwe kandi iki kibazo nicyo ntandaro yo kutiringira ko byashoboka kuba umukiranutsi mu maso y’Imana.

Hariho gukiranuka kw’abantu no gukiranuka kw’Imana ariko ntabwo abenshi tuzi itandukaniro ryabyo nyamara igihe tutaratandukanya gukiranuka kwacu n’ukw’Imana ntabwo tuzigera tugera ku gukiranuka nyakwo.

Abaroma 10:2-3
2. Ndabahamya yuko bafite ishyaka ry’Imana ariko ritava mu bwenge, 3. Kuko ubwo bari batazi gukiranuka kw’Imana uko ari ko, bagerageje kwihangira gukiranuka kwabo ubwabo, bituma basuzugura gukiranuka kw’Imana,

Aha Paul yavugaga abisiraheli kuba bari bafite ishyaka ry’Imana ntabwo byari bihagije nkuko uyu munsi dufite benshi bafite ishyaka kandi bashishikajwe no gukiranuka, ariko igihe cyose udasobanukiwe ngo umenye gukiranuka kw’Imana uko ariko ntabwo ushobora gutunga gukiranuka nyakwo, aha Paul arerekana ko bataye gukiranuka kw’Imana kubera kutakumenya maze bagafata ukwabo bihimbiye, byerekana ko gukiranuka k’umuntu ntacyo kumaze mu maso y’Imana kandi siko gukenewe ndetse ntaho guhuriye no gukiranuka kw’Imana. Ntabwo bishoboka ko wakiranuka mu maso y’Imana kubwo gukiranuka kwawe kutari ukw’Imana.
Kuko igihe cyose abantu batazi gukiranuka kw’Imana bihimbira ukwabo bigatuma basuzugura gukiranuka kw’Imana.

Yesaya 64:5 Kuko twese twahindutse abanduye, kandi nibyo twakiranutse byose bimeze nkubushwambagara bufite ibizinga, twese turaba nk’ikibabi, kandi gukiranirwa kwacu kudutwara nkumuyaga.

Ibi Yesaya yabivugishijwe n’uko ubwoko bw’Isiraheli bwari bwaragiye mu byaha yerekana ko naho wakora ibyo gukiranuka bingana gute hakiriho icyaha nabyo bihita bisa nibyanduye ibi bigaragaza koko ko bidashoboka ko umuntu akiranuka.
  •  None se gukiranuka kw’Imana ko kurashoboka?
  • Niba gukiranuka kw’Imana gushoboka se kuboneka gute? Kuko Yesu yadusabye kugushaka.


Ibi nibyo tuzareba mu gice cya kabiri mu rugendo rwo gushaka ubwami bw’Imana no gukiranuka kwayo.

Imana ibahe umugisha
Aho gusoma
·         Abaroma 3:1-31
·         Abaroma 10:1-19
·         Abagalatiya 3:5-29





Inyigisho itegurwa na Amani BIZIMUNGU
Contact: (+250) 788291273 (WhatsApp)
Kingdom and Righteousness of God message



No comments:

Post a Comment